Umucunguzi Wawe

The prodigal son asking his father for his inheritance

Mbese urishimye? Cyangwa se ubwoba n’umutimanama ugucira urubanza byakwambuye ibyishimo byawe? Waba se wifuza kwiyambura ubwo bwoba ndetse n’uko kwicira urubanza? Ushobora kuba wibaza, uti: “Mbese nzigera mbona ibyishimo mu buzima?”

Ngufitiye inkuru nziza! Hariho ushobora kugufasha akanakubabarira ibyaha byawe ndetse akaguha n’umunezero uhoraho. Izina rye ni Yesu. Reka nkubwire ibimwerekeye.

 Imana Se, niyo yaremye isi n’ibiyiriho byose. Natwe niyo yaturemye, wowe nanjye.

Imana iradukunda. Ikunda buri wese. Imana iradukunda bihebuje, byatumye yohereza Umwana wayo w’ikinege Yesu muri iyi si. Mu gihe yari hano ku isi, Yesu yakijije abarwayi kandi ahumuriza abihebye. Yahumuye impumyi. Yigishije abantu byinshi. Inkuru y’ubuzima bwe wayisoma muri Bibiliya.

Inyandiko itunganye/yuzuye ya: Umucunguzi Wawe

Yesu yifuza ko twasobanukirwa urukundo ruhebuje Se adukunda wowe nanjye. Kugira ngo asobanure neza urwo rukundo Se adukunda wowe nanjye, yaganiriye iyi nkuru ikurikira. Mwabisanga mu Butumwa bwiza, uko bwanditswe na Luka Wera, igice cya 15, kuva ku murongo wa 11kugeza ku wa 24.

Umugabo yari atuye mu mujyi, yishimye hamwe n’abahungu be babiri. Yibwiraga ko byose ari byiza. Umunsi umwe, umwe mu bahungu be amwivumburaho, hanyuma araza aramubwira, ati: 

“Njye hano mu rugo ndaharambiwe, ndashaka kubaho ukwanjye. Ndagiye. Mpa umunani wanjye”. Se, n’agahinda kenshi amuha amafaranga, hanyuma aramureka aragenda. Yibwiraga ko atazongera kumubona bibaho. Mbese ni kuki uyu mwana yari icyigenge?

Umuhungu yagiye kwishimisha mu mahanga hamwe n’inshuti ze. Yatagaguje amafaranga ye mu buzima bwa wenyine kubera kwikunda, habe no gutekereza ku by’ejo hazaza. Yumvaga yishimisha bihagije, kugeza ku munsi yisanze nta n’igiceri asigaranye ndetse na za nshuti ze zamutaye.

Yisanze wenyine kandi mu bibazo. Atangira kwibaza, ati mbese hakorwa iki? Yiyemeje gusaba akazi ku mworozi. Yarakabonye ariko bamuha ako kugaburira ingurube. Yatangiye kwicuza amafuti yose yari yarakoze, n’ukuntu yubahutse Se. Mu gutekereza ibyo, ninako yakomezaga kwicira urubanza.

The prodigal son feeding the pigs

Umunsi umwe, yibutse uburyo Se yamukundaga, n’ukuntu akiba iwabo nta na kimwe yifuzaga ngo akibure. Ndetse n’abagaragu ba Se bararyaga bagahaga. Maze aribaza, ati: “Mbese gusubira kwa Data n’ibyo namukoreye byose, byashoboka? Mbese azongera ankunde? Singikwiriye kwitwa umwana we. Naba anyakiriye, niteguye no kuba umugaragu we”.

Ubwo yarahagurutse aragenda, ajya kwa Se. Yagombaga kumenya niba Se akimukunda.

Umubyeyi yahoraga yifuza kongera kubona umwana we kuva umunsi yamusezeragaho. Yahoraga yibaza niba umwana we azagaruka. Umunsi umwe, abonera umuntu kure, uza yerekera iwe. Yaba se ari umuhungu we? Amaze kubona neza ko ari umwana we, yiruka amusanganira ngo amuhobere.

“Data, nagucumuyeho. Singikwiriye no kwitwa umwana wawe”, uwo ari umuhungu. Ariko Se we, yihutira gutegeka abagaragu be ati: “Nimumuzanire imyambaro myiza kandi mutegure umunsi mukuru! Umwana wanjye yari yarazimiye none yagarutse”.

The father welcoming the prodigal son home

Twese nta hantu dutandukaniye n’uyu mwana. Twese twagiye kure y’Imana Data. Twatakaje amahirwe n’imigisha atanga. Twaracumuye kandi twitandukanyije nawe. Uyu munsi Data wo mu Ijuru araduhamagarira kuza iwe. Adutegerezanyije urugwiro.

Mbese dushobora kwiyumvisha urukundo Yesu adufitiye? Nyuma yo kwigishiriza kuri iyi si imyaka itatu, yararetse abanyabyaha bamubamba ku musaraba. Yarababajwe cyane, yarirengagijwe, mu gutanga ubuzima bwe no kumena amaraso ye ku bw’ibyaha bya buri muntu.

Mbese waza ku Mana ugasaba imbabazi z’ibyaha byawe? Iyo Yesu abona wicuza ibyaha byawe, arakubabarira akakuhagiza amaraso yamennye. Mbega ibintu byiza! Wahinduka mushya! Ubuzima bwawe bwagira icyerekezo gishya. Yesu yasimbuza ibyiyumviro byo kwicira urubanza n’ubwoba biri mu mutima wawe akaguha ibyishimo n’umunezero. Yaba umucunguzi wawe

Twandikire cg duhamagare

Tumiza Tracti

Igisubizo Cyawe

Jesus at the well

Mbese wari uzi ko hari uzi byose kuri wowe? Ni Imana yaremye isi n’ibiyiriho byose. Yesu, Umwana w’Imana nawe azi ibyo wakoze byose. Azi ahashize, none, ndetse n’ahazaza. Aragukunda kandi yaje hano ku isi kugira ngo agukure mu byaha. Afite icyo yateganyirije ubuzima bwawe, ngo akuzanire ibyishimo.

Umunsi umwe Yesu yaragendaga hamwe n’inshuti ze, agera mu mudugudu wa Samariya. Nuko Yesu yicara i ruhande rw’iriba ngo aruhuke mu gihe inshuti ze zari zigiye kugura ibyo kurya.

Mu gihe Yesu acyicaye ahongaho, umugore aza kuvoma. Yesu aramubaza, ati: “Wampaye amazi yo kunywa?”

Inyandiko itunganye/yuzuye ya: Igisubizo Cyawe

Umugore yaratunguwe, ati: “Unsabye amazi? Ese ntuziko njye ndi umusamariyakazi kandi abayuda bene wanyu batajya basabana natwe?”

Yesu, n’umutima mwiza aramusubiza, ati: “Iyaba wari uzi Imana, ukamenya n’uwo muvugana nonaha, wansabye amazi y’ubuzima, mba nashimishijwe no kuyaguha”.

Umugore, n’agatangaro kenshi, aramwitegereza, ati: “Databuja, iriba ni rirerire. Ntacyo kuvomesha ufite. Ese ayo mazi y’ubugingo wayavoma ute?”

The woman running to town

Yesu arongera aramusubiza, ati: “Abanywera kuri iri riba bose bazongera bagire inyota. Ariko wowe ni unywa amazi naguha, ntuzasubira kugira inyota bibaho”.

Umugore, ati: “Databuja, mpa kuri ayo mazi ntazongera kugira inyota cyangwa kuza kuvoma kuri iri riba ukundi”.

Yesu aramubwira, ati: “Genda uzane umugabo wawe hano”.

Umugore aramusubiza, ati: “Nta mugabo ngira”.

Yesu, ati: “Ni ukuri koko. Wagize abagabo batanu, kandi n’uwo muri kumwe ubu si umugabo wawe”.

Umugore aribaza, ati: “Mbese uyu mugabo yaba yaramenye ibyanjye ate?” “Databuja, biragaragara ko uri umuhanuzi. Mfite ikibazo. Bene wacu bahoze basengera Imana aha hantu. Ushatse kuvuga ko i Yerusalemu ariho ho gusengerwa?”

 Yesu aramusubiza, ati: “Aho wasengera hose ntacyo bivuze. Ubu abizera by’ukuri basenga Imana Data mu mwuka no mu kuri, aho ariho hose”.

 “Ndabizi ko Mesiya agiye kuza, ari we Kristo Umucunguzi, kandi azatubwira byose” uwo ari wa mugore.

 Yesu, mu ijwi rituje, aramubwira, ati: “Ni Njye”.

Umugore asiga ikibindi cy’amazi aho asubira mu mujyi. Agenda asakuza, ati: “Ni muze. Ni muze murebe umugabo wambwiye ibyo nakoze kera byose. Mbese si Kristo?”

 Abantu bo mu mujyi bose barasohoka bajya guhura na Yesu. Benshi bemera ko ari Kristo Umucunguzi kuko yari azi byose biberekeye. Ushobora gusoma ibi muri Bibiliya, mu Butumwa Bwiza uko bwanditswe na Yohana wera 4:3-42.

Jesus teaching the crowd

Yesu azi byose kuri twe, ibibi n’ibyiza. Twagahishe ibibi twakoze ariko ntibishoboka kugira icyo wahisha Yesu. Yaje kudukiza igihano twari dukwiye kubera gukiranirwa kwacu. Ashobora kutwakira umutwaro uremereye imitima yacu hanyuma akaduha amahoro.  Yapfiriye ibyaha byacu no kugira ngo bishoboke ko nyuma yo gupfa twazagira umugabane mu Ijuru nk’iwacu mu rugo.

Yesu ni igisubiso ku byo wakenera byose ndetse n’ibibazo wagira byose. Yifuza kuba inshuti yawe. Yifuza kuzuza ahari ubusa hose mu mutima wawe. Ashobora gusimbuza ubwoba bwawe amahoro n’umutuzo.

Yesu arahamagara, ati: “Muze munsange… Ndabaruhura” (Matayo 11:28). Rwose senga Imana, uyisabe imbabazi z’ibyaha byawe. Musabe Yesu aze mu buzima bwawe. Mu kwiyegurira iyi Mana ufite ukwizera, nayo izaguma mu mutima wawe. Naba muri wowe bizaguha ibyishimo. Azaguha imbaraga n’intego mu buzima bwawe. Azaba igisubizo cyawe.

Twandikire cg duhamagare

Tumiza Tracti

Amahoro Y’umutima Mu Isi Y’ibibazo

Peace

“Amahoro, mbese amahoro ari hehe? Mu bihugu byacu, mu ngo zacu, cyangwa cyane cyane mu mitima yacu na roho zacu?” Uko kuboroga kuzuye agahinda kwakomeje kumvikana mu binyejana byahise ariko bigakomeza kugaragara ko isi irushaho gutera ubwoba no kunyeganyezwa n’imiyaga. Mbese nawe niko umutima wawe utabaza? Rwagati mu mibabaro no mu bibazo, mbese waba ubasha guhumeka amahoro y’umutima amwe aruta ibindi byose?

Ni byinshi bikorwa hagamijwe kurushaho kugira isi nziza, ikanagira umutekano wisumbuyeho, ariko ugasanga ahubwo ari byo birushaho kugira ubuzima ingutu. Akenshi usanga abantu bafite ubuzima bworoshye kuruta ababyeyi babo, ariko nyamara bagahura n’ingorane no kubura umutuzo kurushaho. Abantu baraserereye, barananiwe kandi bafite n’impungenge. Biragaragara ko hakenewe icyerekezo, inama, umutekano, n’icyizere. Dukeneye kandi twifuza amahoro y’umutima.

Amahoro y’umutima, mbega ubukungu! Mbese koko dushobora kubona ubwo bukungu? Mu isi yuzuye amakimbirane, kwiheba, ingorane n’ibibazo?

Inyandiko itunganye/yuzuye ya: Amahoro Y’umutima Mu Isi Y’ibibazo

Ubushakashatsi bwimbitse burakomeje! Abantu benshi bashakira amahoro mu kumenyekana, mu bukire, mu kwishimisha, mu budahangarwa, mu mashuri no mu bumenyi, mu mibanire n’abandi ndetse no mu rushako. Bahihibikanira kuzuza ubwenge mu mitwe yabo, no kurundanya amafaranga, ariko ntibite ku bya roho. Abandi bashakisha uko bakwihisha ukuri k’ubuzima bishora mu businzi cyangwa se n’ibiyobyabwenge, ariko amahoro bashaka ntabwo aba muri bene ibyo. Ibyo bagerageza gukora byose ntaho bibageza uretse gukomeza kuzenguruka mu bibatenguha, mu bicantege ndetse no mu makosa. Baracyishwe n’irungu kandi bari bonyine. Baracyafite umutima uhagaze mu isi y’ibibazo.

Muntu mu Buyobe

Imana irema muntu, hanyuma imutuza mu busitani bwiza, ngo anezezwe n’amahoro, ibyishimo ndetse n’umudendezo uhamye. Ariko ubwo Adamu na Eva basuzuguraga, bahise batangira gusogongera ku mbere, bifuzaga kwibera aho Imana iri, ariko kubera isoni batangira kwihisha. Kwicira urubanza hamwe n’ubwoba byasimbuye amahoro n’umunezero bagiraga. Ayo niyo mahame y’isi y’ibibazo n’umutima uhagaze.

Mu gihe ubugingo bwacu bwitandukanyije n’Imana, kamere yacu yo gukiranirwa iba yateye umugongo Ijwi ryayo. Iyo ntambara itubamo niyo ntandaro yo guhangayika no kubunza imitima nka Adamu na Eva. Iyo duhindukiriye ibyifuzo n’imigambi byacu bwite turahangayika kandi tukababazwa. Uko turushaho kwihugiraho ni nako turushaho guhangayika. Kutizera ubuzima ndetse n’imihindagurikire y’isi dutuye bihungabanya umutekano wacu ndetse bikanatubuza amahoro.

Niba utarabimenya, icyaha gishobora kuba impamvu yo guhangayika kwawe. Abantu bashakishiriza amahoro mu bintu byo hanze aha no mu mitungo. Bitwaza isi yuzuye ibibazo ngo niyo ibatera guhagarika imitima. Ariko ntabwo biteguye gushakira ayo mahoro mu mitima yabo.

Yesu Kristo, Umwami w’Amahoro

Nta mahoro ashobora kubaho mbere yo gukusanyiriza hamwe ibigize ubuzima byose, ngo bikorere hamwe n’uwaturemye kandi utwumva. Ibyo kandi bishoboka gusa iyo wiyeguriye Kristo wese wese. Si Umwami w’isi gusa, ahubwo anazi ubuzima bwacu kuva ku ntangiriro kugera ku mpera yabwo. Ni twebwe yatekerezaga ubwo yazaga hano mu isi “kumurikira abicaye mu mwijima no mu gicucu cy’urupfu, no kuyobora ibirenge byacu mu nzira y”amahoro” (Luka 1:79).

Yesu atanga umucyo mu cyimbo cy’umwijima, amahoro mu cyimbo cy’imvururu, umunezero mu cyimbo cy’agahinda, ibyiringiro mucyimbo cyo gucika integer, n’ubuzima mu cyimbo cy’urupfu. Aravuga muri Yohana 14:27 aratubwita, ati “Mbahaye amahoro, mbasigiye amahoro yanjye, ntimuhagarike imitima yanyu”.

Kwihana Kuzana Amahoro yo mu Mutima

Igihe mwumva muremerewe kubera icyaha, umuti ni ukwihana mugahindukira kugira ngo ibyaha byanyu bibabarirwe (Ibyakozwe n’Intumwa 3:19). Nibyo Yesu abahamagarira kugira ngo ubuzima bwanyu buhinduke rwose. “Ngo mwese abarushye n’abaremerewe muze munsange ndabaruhura” (Matayo 11:28), muri Yohana 1:9 dusezeranywa ko “Nitwatura ibyaha byacu, niyo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranurwa kose”. Mbese mwiteguye ubwo butumire?

Iyo muje musanga Yesu muhabwa imbabazi n’umudendezo. Mu gihe cy’akababaro n’agahinda byo mu mutima, ukuzura urukundo n’imbabazi. Iyo Yesu yinjiye mu mitima yanyu, mubasha gukunda n’abanzi banyu, ibi bishoboka kubera imbaraga z’amaraso ya Yesu.

Amahoro Ahoraho

Nk’umukristo, kwizera Imana no kwiringira kugira neza kwayo bikurinda ubwoba no kwiheba, kubera ko idukunda kandi itwitaho. Kuki twiheba? Mbega ukuntu kwiringira Imana idahinduka kandi ihoraho iteka ryose biruhura! Twige gukora nk’uko Ijambo ry’Imana ritubwira muri 1Petero 5:7 riti “mumwikoreze amaganya yanyu yose kuko yita kuri mwe”. Dufite kandi n’isezerano rivuga ngo “Ugushikamijeho umutima uzamurinda abe amahoro masa kuko akwiringiye” (Yesaya 26:3).

Hamwe na Yesu Kristo mu mutima wawe, inyota y’amahoro irashira. Azaguha amahoro n’umutuzo biboneka mu kumwiringira gusa. Muzavuge mufatanyije n’umusizi ngo:

Nzi amahoro, aho ataba

Umutuzo, hagati mu miyaga ikomeye,

Cyangwa se, niherereye ahantu hatazwi,

Hamwe n’umwigisha wanjye nshobora gutera intambwe.

          -Ralph Spalding Cushman

Uzagira amahoro y’umutima mu isi y’ibibazo! Fungurira Yesu urugi rw’umutima wawe nonaha – Maze umunsi umwe nawe azagukingurire umuryango w’Ijuru, aho amahoro nyayo ahora ubuziraherezo.

Twandikire cg duhamagare

Tumiza Tracti